BRIGADE Y' INGABO ZA RDF ZIRWANIRA KU BUTAKA YASOJE AMAHUGURWA I GABIRO
Gabiro, 6 Ukuboza 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa y’Ingabo ku rwego rwa Brigade yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare cya Gabiro.
Iyo Brigade yari imaze amezi atanu n’icyumweru kimwe mu mahugurwa yisumbuye y' ingabo zirwanira ku butaka (Advanced Infantry Course).
Mu ijambo rye, Gen Mubarakh yashimiye abasirikare barangije amahugurwa, agaragaza uruhare rukomeye ayo mahugurwa agira mu gutegura abasirikare kurinda ubusugire bw’igihugu no guhangana n' ibyahungabanya umutekano.
Yavuze ko uretse ubumenyi bwa mu bya gisirikare, aya mahugurwa yanashimangiye inyigisho z' ikinyabupfura( discipline) kiranga RDF ari nayo nkingi ikomeye ifasha abasirikare kugira indangagaciro za RDF, gukorana ubunyamwuga no gusohoza inshingano zabo neza.
Umugaba Mukuru w’Ingabo yasabye abasirikare gukoresha ubumenyi n' ikinyabupfura bagaragaje mu mahugurwa mu gusohoza inshingano zabo



Topics