INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa kane i Mbarara.
Iyi nama yahuje abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF yabereye Kabare ndetse na Mbarara, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage batuye ku mipaka ihuza ibi bihugu.
Mu ijambo rye risoza inama, Umuyobozi wungirije w’Ingabo zirwanira ku butaka z’Igihugu cya Uganda, Maj Gen Francis Takirwa, yashimiye abitabiriye inama ku ruhare rwabo n’ibitekerezo byubaka mu biganiro byabaye.
Yagarutse ku kamaro k’ubufatanye buhoraho mu guhangana n’ibikorwa bitemewe byambukiranya imipaka, asaba impande zombi gukomeza gusangira amakuru kenshi no kunoza imikoranire. Yavuze ko ubufatanye nk’ubu bugaragaza ubushake bw’ubuyobozi burangajwe imbere n’Abagaba b’Ikirenga b’Ingabo ku mpande zombi, mu gukemura ibibazo bihuriweho.
Maj Gen Takirwa yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku buyobozi bufite icyerekezo, bwatumye iyi gahunda ibaho.
Yanasabye ko bashimira Abakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku ruhare bagize mu itegurwa ry’iyi nama.
Yasoje agira ati: “Impande zombi zungukira mu mutekano usesuye kuko abaturage bashobora gukora ubucuruzi n’ibindi bikorwa mu mutekano n’ituze, bazi ko umutekano wabo ucunzwe neza.’’
Topics
The Army Chief of Staff (ACOS) of the Rwanda Defence Force (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, today commenced an official visit to Cabo Delgado…
The Chief of Civil–Military Cooperation (J9) of the Rwanda Defence Force, Col Désiré Migambi Mungamba, delivered a lecture to students of Rwanda…
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) in…
The Seventh Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 2 and 5 Divisions and the Uganda People’s Defence Forces (UPDF) 2…
A delegation from the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF), together with commanders from the Rwanda Defence Force (RDF) deployed along the…
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) convened the seventh Proximity Commanders’ Meeting in Musanze from 18–20…
The Chief of Civil–Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba, today delivered a lecture to more…
Montego Bay, 6 February 2026
The Chief of Defence Staff of the Jamaica Defence Force (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, on Friday paid a…
Bugesera, 2 February 2026
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, today delivered a lecture titled “The Significance of National…