ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI

Mulindi,  7 Ukwakira 2025

Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).

Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi  by'urugamba rwo kubohora igihugu.

Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.

Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.

Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.


RWANDA DEFENCE FORCE ARMY CHIEF OF STAFF BEGINS HIS VISIT TO CABO DELGADO, MOZAMBIQUE

The Army Chief of Staff (ACOS) of the Rwanda Defence Force (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, today commenced an official visit to Cabo Delgado…

Read more →

CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA POLYTECHNIC–TUMBA COLLEGE OF TECHNOLOGY

The Chief of Civil–Military Cooperation (J9) of the Rwanda Defence Force, Col Désiré Migambi Mungamba, delivered a lecture to students of Rwanda…

Read more →

RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO PRISONERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC

Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) in…

Read more →

RDF AND UPDF CONCLUDE 7TH PROXIMITY COMMANDERS' MEETING IN MUSANZE

The Seventh Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 2 and 5 Divisions and the Uganda People’s Defence Forces (UPDF) 2…

Read more →

RDF AND UPDF JOINT DELEGATION VISITS MUTOBO DEMOBILISATION CENTRE

A delegation from the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF), together with commanders from the Rwanda Defence Force (RDF) deployed along the…

Read more →

PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS

The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) convened the seventh Proximity Commanders’ Meeting in Musanze from 18–20…

Read more →

CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF THE INTERNATIONAL TECHNICAL SCHOOL OF KIGALI ON HEROIC VALUES

The Chief of Civil–Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba, today delivered a lecture to more…

Read more →

JAMAICA CHIEF OF DEFENCE STAFF VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN TRELAWNY PARISH

Montego Bay, 6 February 2026

 

The Chief of Defence Staff of the Jamaica Defence Force (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, on Friday paid a…

Read more →

DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON HIGHLIGHTS THE SIGNIFICANCE OF NATIONAL HEROES TO STUDENTS OF NTARE LOUISENLUND SCHOOL

Bugesera, 2 February 2026

The  Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, today delivered a lecture titled “The Significance of National…

Read more →
-->