UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits Rwanda Security Forces new deployment in Ancuabe District, Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 December 2022
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces…
RDF SOLDIERS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATION FORCES TRAINING COURSE
23 December 2022
Today, Rwanda Defence Force officers and other ranks concluded a 10 months Basic Special Operation Forces Course at the Basic…
Joint Rwanda and Thailand Peacekeepers in South Sudan conduct health care community outreach in Gudele, Juba Town
Juba, 17 December 2022
Today, joint Rwandan (Rwanbatt-1 and Rwanda Aviation Unity) and Thailand Peacekeepers under United Nations Mission in South…
RDF hosts an End of Year Dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 9 December 2022
RDF has this evening organised an end of year dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda. The event was hosted…
Director of EASF pays courtesy call on Minister of Defence and RDF Chief of Defence Staff
Kigali, 6 December 2022
Today, the Director of Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa accompanied by EASF Commander,…
MEMBERS OF SENATE AND PARLIAMENT VISIT RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba-Durupi, 1 December 2022
On the side-lines of the 12th EAC Inter-Parliamentary Games conducted in Juba, South Sudan, today the Vice President of…
A delegation from Eastern Africa Standby Force visits Rwanda for verification of Rwanda’s pledged capabilities
Kigali, 1 December 2022
This morning, a delegation from the Eastern Africa Standby Force (EASF) Secretariat led by Brig Gen Vincent GATAMA, the EASF…
Governor of Cabo Delgado province reopens Mocimboa da Praia port
Cabo Delgado, 29 November 2022
Today, 29 Nov 22, the Governor of Cabo Delgado province, Mozambique, Mr VALIGE TAUABO officially reopened the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 25 November 2022, Rwandan Peacekeepers under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…