UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Maj Gen Alex Kagame takes over the Joint Task Force Command in Mozambique
Today, 04 August 2023, the outgoing Rwanda Security Forces Joint Task Force (JTF) in Mozambique handed over to incoming Contingent after one-year tour…
President of Mozambique visits Rwanda Security Forces in Palma District, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 3 August 2022
Today, the President of the Republic of Mozambique H E Filipe Jacinto Nyusi visited the Rwandan Security Forces in Palma…
RDF Army Chief of Staff sees off relief force departing to Cabo Delgado, Mozambique
Kigali, 31 July 2023
Today, on behalf of the CDS, the RDF Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen V NYAKARUNDI along with Deputy Inspector General of…
PRESS RELEASE
REF: RDF/MPR/A/10/08/23
Kigali, 28 July 2023
Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…
Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado, 22 July 2023
The Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese in Cabo Delgado Province, Dom Antonio Juliasse Sandramo along…
Rwandan peacekeeper Sgt Tabaro Eustache laid to rest
Kigali, 18 July 2023
Today, Rwandan Peacekeeper Sgt Tabaro Eustache who recently lost his life in Central African Republic was laid to rest in full…
Zigama CSS records a 22.8 billion net profit
Kigali, 18 July 2023
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 22.8 Billion for the year 2022. It is an increase…
EAC ARMED FORCES, POLICE AND CIVILIANS’ DELEGATES DEVELOP CONCEPT FOR THE EAC FIELD TRAINING EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2024
Nyamata, 17 July 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians’ delegates begun a three-day Concept Development…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF BRIEFS SECURITY FORCES READY TO RELIEVE THEIR COLLEAGUES IN CABO DELGADO, MOZAMBIQUE
Kigali, 15 July 2023
Today, Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga met Security Forces ready to deploy to Cabo…
YOUTH FROM RWANDAN DIASPORA VISIT RDF AND BRIEFED ON LIBERATION STRUGGLE AND RDF’s TRANSFORMATION JOURNEY
Kigali, 14 July 2023
A delegation of 65 Rwandan youth living in diaspora who are on a two weeks trip to Rwanda, today visited RDF Headquarters and…