UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/04/23
Kigali, 06 June 2023
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED COL…
Students of Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit Rwanda Defence Force Command and Staff College
Musanze, 27 May 2023
A delegation of the Joint Command and Staff Course at Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies in Qatar comprised of 37…
Students from Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit RDF
Kigali, 24 May 2023
Today at the Defence Headquarters, RDF Army Chief of Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga received a delegation of students, faculty…
HON MINISTER OF DEFENCE CLOSING REMARKS AT THE TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM
Kigali, 19 May 2023
- Hon Ministers
- The Chief of Defence Staff
- Service Chiefs
- Excellency Ambassadors
- The Vice Chancellor, University of…
TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM OPENS IN KIGALI
Kigali, 17 May 2023
The tenth National Security Symposium 2023 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and the…
Rwandan peacekeepers hand over rehabilitated classrooms in Bangui
On 12th May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABATT10) officially handed over six (6) rehabilitated classrooms of ECOLE KINA to the Ministry of Education.…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE DISTRICT
Cabo Delgado, 07 May 2023
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces (RSF)…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 05 May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABAT2) under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…
Students from Ghana Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 01 May 2023
A delegation of students and members of faculty from Ghana Armed Forces Command and Staff College are on study tour in Rwanda…
RWANDA DEFENCE FORCE ORGANISES LIBERATION CUP TOURNAMENT
Kigali, 26 April 2023
Rwanda Defence Force (RDF) announces first ever Liberation Cup Tournament to be culminated on 4th July 2023 as Rwanda will be…