UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
MINUSCA pays last tribute to Rwandan peacekeeper
Bangui, 20 January 2021
The United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) and the…
RDF, RBC launch blood donation exercise
Kigali, 15 January 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda Biomedical Centre (RBC) have today started an annual blood donation exercise. Kami…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
REF:RDF/MPR/A/08/1/21
Kigali, 13 Jan 2021
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
END OF YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda and on my own behalf, I extend my best wishes for a prosperous New Year 2021 to the valiant men and women of…
Rwanda deploys force protection troops to Central African Republic
REF:RDF/MPR/A/07/12/20
Kigali, 20 December 2020
The Government of Rwanda has deployed force protection troops to the Central African Republic, under…
EASF Council of Ministers adopts the Organisation’s strategic plan for the next five years
Kigali, 18 December 2020
The 28th session of the Eastern Africa Standby Force's Council of Ministers for Defence and Security meeting was held today…
EASF Defence Chiefs meet in Rwanda
Kigali, 16 December 2020
The Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence and Security meeting has opened in Kigali as part of the 28th…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force (EASF) Policy Organs Meetings
Kigali, 14 December 2020
Peace and Security leaders in the Eastern Africa Region are in Rwanda, Kigali from 14th to 18th December 2020, to…
The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates cows to vulnerable families in Burera District
Burera, 9 December 2020
HE President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 20 cows to vulnerable…