UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
MAJ GEN EMMY RUVUSHA YASHYIKIRIJE INSHINGANO UMUSIMBUYE KU BUYOBOZI BW’INZEGO Z'UMUTEKANO Z’U RWANDA MURI CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Maj Gen Emmy K. Ruvusha, wari Umuyobozi w'Inzego z'umutekano z'u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, muri…
MAJ GEN EMMY RUVUSHA HANDS OVER COMMAND RESPONSIBILITIES OF RWANDA SECURITY FORCES IN CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 October 2025
Today, Major General Emmy K. Ruvusha, the Joint Task Force Commander of the Rwanda Security Forces (RSF) in Mozambique,…
URUBYIRUKO RW’ABANYARWANDA RUTURUKA MURI AFURIKA Y’EPFO RWASUYE ICYICARO GIKURU CYA RDF
Kigali, 8 Ukwakira 2025
Itsinda rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda cumi na babiri baba muri Afurika y’Epfo, riri mu ruzinduko rw’iminsi icumi mu…
RWANDAN YOUTH FROM SOUTH AFRICA VISIT RDF HEADQUARTERS
Kigali, 8 October 2025
A delegation of twelve (12) Rwandan youth residing in South Africa are currently on a ten-day visit to Rwanda as part of the…
ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare…
RDF JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE INTAKE 25 VISITS THE RWANDA LIBERATION MUSEUM, MULINDI
Mulindi, 7 October 2025
Today, officers from the Rwanda Defence Force (RDF) Command and Staff College (Junior Command and Staff Course Intake 25)…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA SOMALIYA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, ku wa 7 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somaliya (SNAF), Maj Gen Odawa Yusuf Rage, n’intumwa ayoboye, bari mu ruzinduko rw'iminsi…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE SOMALIA NATIONAL ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 7 October 2025
The Chief of Defence Forces of the Somali National Armed Forces (CDF-SNAF), Major General Odawa Yusuf Rage, and his delegation…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/11/08/25
Kigali, 4 October 2025
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS PROMOTED 632 OFFICERS, DUE FOR…
INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza…