UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
RDF AND ICRC CONVENE SYMPOSIUM ON INTERNATIONAL HUMANITARIAN LAW AND CIVILIAN PROTECTION
Kigali, 21 October 2025
The Rwanda Defence Force (MOD/RDF), in collaboration with the International Committee of the Red Cross (ICRC), today held…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT COMMUNITY WORK AND DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS IN SOUTH SUDAN
Juba, 17 October 2025
Rwandan peacekeepers (17 Mechanized Infantry Battalion) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) donated a…
VALIDATION WORKSHOP OF STRATEGIC LEVEL COURSES CONCLUDES AT THE RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Nyakinama, 16 October 2025
The Validation Workshop of Strategic Level Courses, held from 13 to 16 October 2025 at The Rwanda Defence Force Command…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA
Musanze, 15 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uyu munsi yasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 15 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces (CDS-GAF), Lieutenant General Mamat O.A. Cham, today visited the…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, 13 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva ku itariki…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 13 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, is on a working visit to Rwanda…
Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye…
Rwandan Peacekeepers and Society for Family Health Conduct Community Outreach in Juba
Juba, 11 October 2025
Rwandan peacekeepers—comprising both Army and Police personnel under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS)—in…