UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Rwanda Defence Force Command and Staff College graduates 39 Junior Officers
Musanze, 26 October 2018
Thirty nine junior officers that include thirty seven from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police…
Rwanda Military Hospital successfully conducts Ebola simulation exercise
Kigali, 25 October 2018
Rwanda Defence Force (RDF) through Rwanda Military Hospital in Kanombe, on Thursday successfully conducted a drill dubbed…
Major General Murasira takes charge as the new Defence Minister
Kigali, 22 October 2018
Major General Albert Murasira, the newly appointed Defence Minister was today handed the reins of the Defence Ministry.…
Rwanda Defence Force Senior Officers undergo physical test
19 October 2018
Rwanda Defense Forces have started conducting annual Physical Fitness Tests (PFT) program for all its personnel. The first…
Rwanda hosts the African integrated crisis management course
Musanze, 14 October 2018
The Rwanda Peace Academy in collaboration with the Nordic Defense Cooperation (NORDEFCO) and the Eastern Africa Standby…
Relief as CAR diaspora donates medical insurance to 2000 vulnerable people in Huye
Huye, 01 October 2018
Central African Republic (CAR) diaspora have donated health care packages worth Rwf6 million to 2000 members of vulnerable…
Fifteen Rwanda Air Force personnel conclude Force Development training
Kigali, 27 September 2018
Fifteen (15) senior and junior officers from Rwanda Air Force concluded a ten-day workshop on Force Development Programme…
The 2nd Ugandan Deputy Prime Minister calls for regional efforts to address Security challenges
Jinja, 25 May 2013
Gen. Moses Ali, the Ugandan Second Prime Minister said that international terrorism, cross border crimes constitute menace to…
RDF participates in the largest military communications exercise code named ‘Africa Endeavor’
Five Rwanda Defence Force (RDF) officers and one Non Commissioned Officer (NCO) led by Col Charles KARAMBA have just returned home from Abuja, Nigeria…
EAC Defence liaison Officers on a sensitisation tour
The five East African Community (EAC) Defense Liaison Officers (DLOs) representing their respective Partner States at the EAC Secretariat will visit…