UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Regional Conference on ‘Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years’ opens
Kigali, 19 September 2019
A regional conference entitled, “Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years” has started in Kigali today. The 2…
Commandants of EAC Military Academies meet to review cooperation
Bugesera, 17 September 2019
Commandants of EAC Military Academies were today joined by their national Defence Liaison Officers to start a 3 days…
Malawi and Sri Lanka military delegations visit RDF as part of their study tour
Kigali, 3 September 2019
Two military delegations; one from Malawi Defence Force Headquarters and another from Sri Lanka Defence Services Command and…
Gen Kabarebe hails RDF Reservists for their commitment to serve Rwanda
Nyabihu, 2 September 2019
General James Kabarebe has commended the readiness of members of Rwanda Defence Force Reserve Force undertaking their…
RDF PRESS RELEASE - APPOINTMENTS AND CHANGES WITHIN RDF
REF: RDF/MPR/A/07/03/19
Kigali, 02 September 2019
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS MADE THE FOLLOWING…
RDF Chief of Defence Staff closes Exercise Shared Accord 19
Gabiro, 28 August 2019
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS) Gen Patrick Nyamvumba, together with Peter Vrooman, the US Ambassador to…
RDF wins two trophies at the EAC Military Games
Nairobi, 23 August 2019
Rwanda Defence Force Football and Basketball teams have today won two trophies in the just concluded East African Community…
Over 300 patients benefit from Exercise Shared Accord 19 at Rwanda Military Hospital
Kigali, 22 August 2019
The just concluded Medical Readiness Exercise (MEDREX) of the ongoing Exercise Shared Accord 19 provided medical care to 337…
The Zimbabwe Staff College Students on study tour in Rwanda
Kigali, 19 August 2019
A delegation of 28 senior military officers from the Zimbabwe Staff College has started a one-week study tour in Rwanda, from…
RDF, US Military launch ‘Exercise Shared Accord 19’
Gabiro, 14 August 2019
Rwanda Defence Force (RDF) in partnership with the United States Military have today launched a peacekeeping exercise…