UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Post-Conflict Peacebuilding Course concludes at RPA
Musanze, 7 May 2021
The Senior Leadership for Post-Conflict Peacebuilding and Reconstruction Course concluded today at the Rwanda Peace Academy (RPA)…
RDF Command and Staff College to hold National Security Symposium
In collaboration with the University of Rwanda (UR), Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) will hold a three days National Security…
SOUTH SUDAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART AND RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF
Kigali, 4 May 2021
The South Sudan Minister of Defence and Veterans Affairs, Hon. Angelina Jany Teny was today received at RDF Headquarters by Hon…
SOUTH SUDAN GENERALS IN RWANDA FOR A SENIOR LEADERSHIP POST-CONFLICT PEACEBUILDING AND RECONSTRUCTION COURSE
Musanze, 3 May 2021
Twenty-five senior military and police officers from South Sudan (Maj Gen – Lt Gen) are participating in the Senior Leadership…
CAR President decorates Rwandan peacekeepers
Bangui, 16 April 2021
The President of the Central African Republic H.E Prof Faustin Archange Touadera yesterday, awarded the Rwandan peace keepers…
2021 RPA Liberation War and Historical Sites Study Tour
Kigali, 14 April 2021
The Senior Command and Staff Course (SCSC) 9 will undertake a four days RPA Liberation War Study Tour and Allied Officers…
ZIGAMA CSS records 13.7 Billion net profit
Kigali, 01 April 2021
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 13.7 Billion for the year 2020. It is an increase…
Rwandan peacekeepers in CAR awarded UN medals
Bangui, 20 March 2021
Rwandan peacekeepers (Rwabatt7) serving under the United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA get COVID-19 jabs
Bangui, 16 March 2021
Rwandan peacekeepers under United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African Republic (MINUSCA)…