UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/12/23
Kigali, 19 December 2023
THE HONOURABLE MINISTER OF DEFENCE OF THE REPUBLIC OF RWANDA HAS PROMOTED RDF NON COMMISSIONED…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/11/23
Kigali, 19 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED RDF…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA FOR AN END-OF-YEAR DINNER
Kigali, 15 December 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) has organised a year-end dinner to honour Defence Attachés accredited to Rwanda. The event…
ZIGAMA CSS SET TO RECORD A RWF 35.7 BILLION NET PROFIT IN 2023
Kigali, 15 December 2023
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura where it was announced that the…
Rwanda Defence Force enrols new soldiers in the army
Nasho, 9 Dec 23
Today, Rwanda Defence Force (RDF) has officially enrolled newly trained soldiers into the Force following the completion of 7…
Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany and Ambassador of the Federal Republic of Germany to Mozambique visited Rwanda Security Forces in Palma Town
On 7 December 2023, Mrs Katja Keul, the Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany accompanied by HE…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA launched blood donation campaign
On 25th November 2023, Rwandan peacekeepers-Rwabat2 (59 Infantry Battalion) serving under the Multidimensional Integrated Mission for Stabilization in…
Rwanda, Tanzania Forces play a friendly football match
Ngoma District, 25 November 2023
Today, Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division played a friendly football match against Tanzania People's Defence…
Rwandan peacekeepers and local residents conducted community work in Juba Capital City
On 24 November 2023, Rwandan peacekeepers (RWANBATT3) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) jointly with Juba city…