UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF Inter Force Competition wraps up in Bugesera District
Bugesera, 31 January 2023
The RDF Inter Force Competition 2022-2023 concluded today with a final football match between Republican Guard and Special…
Rwanda hosts the main planning conference for the EAC Armed Forces Command Post Exercise USHIRIKIANO IMARA 2023
Kigali, 16 January 2023
Armed Forces delegates from the East African Community (EAC) partner States started today a three-day main planning…
RDF Inter Force Sports competition reaches quarter-finals
Kigali, 16 January 2023
The Rwanda Defence Force Inter Force competition resumed after two years of halting due to safety concerns of the COVID-19…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS IN BRIA TOWN IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 14 January 2023
Yesterday, Rwanda Battle Group V and Rwanda Level II Hospital medical personnel under the United Nations Multidimensional…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CONDUCTS CULTURAL DAY EXHIBITION
Musanze, 13 January 2023
Today, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students showcased their respective countries cultures…
RDF soldiers graduate in Military Band Basic Music Courses
Kigali, 13 January 2023
Today, 127 Rwanda Defence Force soldiers graduated in Military Band Basic Music Courses including the Basic Music Course,…
Mozambique's Defence Minister visits Rwanda Security Forces in Mocimboa da Praia, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 05 January 2023
Mozambique's Minister for National Defence, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with Army commander of the Mozambican…
UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego…
END OF YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RDF TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda, and on my own behalf, I wish the officers, men, and women of the Rwanda Defence and Security Forces, and your…