UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RWANDA SECURITY FORCE DONATES FISHING BOAT TO FISHERS' COOPERATIVE IN PALMA
Cabo Delgado, 18 June 2025
The Rwanda Security Force (RSF) operating in Mozambique, today donated a fishing boat to Mashalla Cooperative of fishers…
RDF AND UPDF OFFICIALS MEET IN NYAGATARE
Nyagatare, 18 June 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) are meeting in Nyagatare, Eastern Province, from…
108 SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 16 June 2025
One hundred and eight (108) senior officers from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police, Rwanda Correctional…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS AND PAY SCHOOL FEES FOR STUDENTS
Bangui, 05 June 2025
Rwandan peacekeepers, serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African…
RWANDAN PEACEKEEPERS PLANT FRUIT TREES AND DONATE SPORTS EQUIPMENT TO SOUTH SUDANESE
Durupi, 5 June 2025
Rwandan Peacekeepers (RWANBATT 3), serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) carried out a series of…
DEFENCE EXPERTS FROM EAC PARTNER STATES CONVENE IN RWANDA TO PREPARE FOR EAC CIVIL-MILITARY COOPERATION ACTIVITY WEEK
Kigali, 2 June 2025
Defence experts from Partner States of the East African Community (EAC) have converged in Kigali for a Defence Expert Working…
EGYPTIAN ARMED FORCES CHIEF OF STAFF ON OFFICIAL VISIT TO RWANDA
Kigali, 1 June 2025
The Chief of Staff of the Egyptian Armed Forces, Lieutenant General Ahmed Fathi IBRAHIM KHALIFA, is on a three day official…
RDF AND UPDF SOLIDIFY RELATIONS THROUGH SPORTS
Ntungamo, Uganda – 31 May 2025
In a remarkable display of regional cooperation and unity, the Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division and the Uganda…
RWANDA SECURITY FORCE HANDOVER MARKET TO RESIDENTS OF MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 30 May 2025
Rwanda Security Force (RSF) officially handed over a newly constructed market facility to the local population of Macomia…