UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
DRC fires rockets into Rwanda
REF: RDF/MPR/A/10/03/22
Kigali, 10 June 2022
The DRC armed forces, FARDC, fired two 122mm rockets into Rwanda from the Bunagana area, striking along…
The Government of the Republic of Mozambique officially returns the people of Mocimboa da Praia city to their homes
Today on 9 June 2022, the Joint Forces of Rwanda and Mozambique, started helping the people displaced by the terrorists to evacuate them from a vast…
Members of Rwanda Military Attachés Association pay tribute to the victims of the Genocide against the Tutsi
Kigali, 8 June 2022
Today, members of the Rwanda Military Attachés Association paid tribute to victims of the 1994 Genocide against the Tutsi at…
HEAD OF MINUSCA INAUGURATES A CONFERENCE HALL CONSTRUCTED BY RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Yesterday, 07th June 2022, the Special Representative of Secretary General and Head of United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
THE INSPECTOR GENERAL OF POLICE OF THE MOZAMBIQUE BERNARDINO RAFAEL VISITS PUNDANHAR AND QUIONGA, IN THE NORTH OF PALMA DISTRICT
On Monday 6 June 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael together with Administrator…
EAC FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” KICKS OFF IN UGANDA
Jinja, 3 June 2022
The East African Community member states’ Armed Forces, police personnel and civilian components from 6 countries…
RWANDA SENDS TROOPS TO PARTICIPATE IN EAC MILITARY EXERCISE IN UGANDA
A total of 150 troops of Rwanda Defence Force (RDF) and 36 Rwanda National Police members, were yesterday sent to participate in the 12th East African…
RDF REQUESTS RELEASE OF SOLDIERS
REF: RDF/MPR/A/10/02/22
Kigali, 28 May 2022
Following the provocative aggression by FARDC on 23 May 22, where multiple rockets were fired on…
RDF REQUESTS INVESTIGATION OF THE FORCES ARMÉES DE LA RÉPUBLIQUE DÉMOCRATIQUE DU CONGO (FARDC) SHELLING ON RWANDAN TERRITORY
REF: RDF/MPR/A/10/01/22
Kigali, 23 May 2022
The Rwanda Defence Force (RDF) has requested the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) to…
International Organisation of Francophonie to train Rwandan peacekeepers in French
GAKO, 19 May 2022
The Secretary General of the International Organisation of Francophonie (OIF), Her Excellency Louise Mushikiwabo yesterday launched…