UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Handover Ceremony of newly appointed MOD permanent secretary
Kigali, 22 February 2023
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Col Célestin Kanyamahanga assumes office, he takes over from Maj Gen…
Rwanda’s Minister of Defence Maj. Gen Albert Murasira meets with his counterpart from the Kingdom of Netherlands, Hon. Kajsa OLLONGREN
On the sidelines of a summit on Responsible Artificial Intelligence in the Military Domain (REAIM) that was convened in The Hague, the Kingdom of the…
RDF PARTICIPATES IN MULTINATIONAL EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2023
Kigali, 16 February 2023
Rwanda Defence Force has sent military personnel in the multinational exercise codenamed Justified Accord 23 (JA23) from…
European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado,15 February 2023
On Wednesday, 15 February 2023, the European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) General…
CROSS-BORDER SHOOTING VIOLATION BY DRC TROOPS
REF: RDF/MPR/A/10/01/23
Kigali, 15 February 2023
On Wednesday morning at 4h30, FARDC forces estimated to be about one section (12 to 14 soldiers)…
RDF Senior Command and Staff Course Students start National Study Tour on Rwanda's Health Sector
Kigali, 13 February 2023
This morning, the Senior Command and Staff Course 11 started a National Study Tour on “Rwanda's health sector” which will…
Rwanda Security Forces in Mozambique donate scholastic materials to four Schools in Mocimboa da Praia and Palma district
Cabo Delgado, 13 February 2023
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province donated scholastic materials including exercise books and pens to one…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE, CABO DELGADO PROVINCE
Cabo Delgado, 05 February 2023
Mozambique Minister of Defence, Honorable Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with deputy commander of the Mozambican…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND TAKEN ON A TOUR OF THE LIBERATION TRAIL
Kigali, 3 February 2023
Defence Attachés accredited to Rwanda yesterday held a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters, Kimihurura.…