UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits Rwanda Security Forces new deployment in Ancuabe District, Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 December 2022
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces…
RDF SOLDIERS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATION FORCES TRAINING COURSE
23 December 2022
Today, Rwanda Defence Force officers and other ranks concluded a 10 months Basic Special Operation Forces Course at the Basic…
Joint Rwanda and Thailand Peacekeepers in South Sudan conduct health care community outreach in Gudele, Juba Town
Juba, 17 December 2022
Today, joint Rwandan (Rwanbatt-1 and Rwanda Aviation Unity) and Thailand Peacekeepers under United Nations Mission in South…
RDF hosts an End of Year Dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 9 December 2022
RDF has this evening organised an end of year dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda. The event was hosted…
Director of EASF pays courtesy call on Minister of Defence and RDF Chief of Defence Staff
Kigali, 6 December 2022
Today, the Director of Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa accompanied by EASF Commander,…
MEMBERS OF SENATE AND PARLIAMENT VISIT RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba-Durupi, 1 December 2022
On the side-lines of the 12th EAC Inter-Parliamentary Games conducted in Juba, South Sudan, today the Vice President of…
A delegation from Eastern Africa Standby Force visits Rwanda for verification of Rwanda’s pledged capabilities
Kigali, 1 December 2022
This morning, a delegation from the Eastern Africa Standby Force (EASF) Secretariat led by Brig Gen Vincent GATAMA, the EASF…
Governor of Cabo Delgado province reopens Mocimboa da Praia port
Cabo Delgado, 29 November 2022
Today, 29 Nov 22, the Governor of Cabo Delgado province, Mozambique, Mr VALIGE TAUABO officially reopened the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 25 November 2022, Rwandan Peacekeepers under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…