UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi laid to rest
Kigali, 16 March 2023
Today, General (Rtd) Marcel Gatsinzi was laid to rest at Kanombe Military Cemetery.
The condolence message from H.E…
STUDENTS FROM KENYA DEFENCE FORCES JOINT COMMAND AND STAFF COLLEGE VISIT RWANDA
Kigali, 14 March 2023
A delegation of students, faculty and staff from Kenya Defence Forces Joint Command and Staff College was received today by the…
RDF mourns Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi
Kigali, 08 March 2023
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the untimely death of Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi. He passed away on 06 March 2023…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOZAMBIQUE HANDOVER THE FISH MARKET CONSTRUCTED IN MOCIMBOA DA PRAIA CITY
Cabo Delgado, 7 March 2023
Today, the Rwandan Security Forces in Mozambique officially handed over a Fish Market in Mocimboa da Praia city to the…
RDF CDS attends the annual Conference of African Chiefs of Defence hosted by the United States Africa Command in Italy
Rome, 3 March 2023
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS), Gen J Bosco Kazura, accompanied by the Head of International Military…
DRC Soldier Fires at RDF in Rwanda's Rubavu District
REF: RDF/MPR/A/10/02/23
Kigali, 3 March 2023
Today at around 17h35 a soldier of the DR Congo army (FARDC) crossed over from DRC and shot at RDF…
RWANDA HOSTS THE FINAL PLANNING CONFERENCE FOR THE EAC ARMED FORCES COMMAND POST EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2023
Musanze, 1 March 2023
Today, delegates from the Armed Forces of East African Community (EAC) partner States started a three-day final planning…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Malakal, 28 February 2023
Rwandan Peace keepers (Rwanbatt2) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN service…
APR Volley Ball Club Women celebrates 5 trophies as achievement for last season
Kigali, 25 February 2023
Yesterday, APR Volley Ball Club Women and friends celebrated the last season (2022-2023) achievements including 5 trophies…
Special Representative of the Secretary General in Central African Republic and Head of MINUSCA along with CAR Prime Minister visit Rwandan peacekeepers and local residents in SAM OUANDJA District, CAR.
24 February 2023
Today, the Special Representative of the Secretary-General (SRSG) in Central African Republic and Head of MINUSCA, Ms Valentine…