UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
PROXIMITY COMMANDERS OF RWANDA AND TANZANIA STRENGTHEN CROSS BORDER SECURITY
Nyagatare, 29 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 12th Proximity Commanders’…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS RWANDA SECURITY FORCES AHEAD OF DEPLOYMENT TO CABO DELGADO
Kigali, 25 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi, accompanied by the Commissioner of Police Vincent…
RWANDA SECURITY FORCE CONDUCTS COMMUNITY WORK IN MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 24 May 2025
The Rwanda Security Force (RSF) deployed in Macomia District, Mozambique, along with residents of the Mucojo coastal…
RWANDAN PEACEKEEPERS INITIATE ANTI-MALNUTRITION CAMPAIGN IN MALAKAL COUNTY
Malakal, 23 May 2025
Rwandan female Peacekeepers ( Rwanbatt-2), in Malakal under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), conducted a…
MOZAMBICAN TROOPS GRADUATE IN AN ADVANCED INFANTRY COURSE
Mozambique, 23 May 2025
Today, the President of Mozambique and CinC of Mozambique Armed Forces (FADM), His Excellency Daniel Chapo presided over the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS TO STUDENTS
Bria, 22 May 2025
Rwandan peacekeepers, comprising of Rwanda Battle Group VII and Rwanda Level 2+ Hospital, serving under the United Nations…
School authorities commend defence and security organs for constructing ECD Centres
Kigali, 20 May 2025
School authorities have expressed their appreciation to defence and security organs, as well as local authorities, for the…
LOCAL COMMUNITIES COMMEND SECURITY FORCES FOR PROVIDING CLEAN WATER
Kigali, 16 May 2025
Byenene Primary School in Kamonyi District and Mugogwe Primary School in Huye District have expressed their appreciation for the…
RWANDA DEFENCE FORCE CONCLUDES ANTI-GENDER BASED AVIOLENCE WORKSHOP FOR MILITARY SPOUSES
Gisagara, 14 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has successfully concluded Anti-Gender-Based Violence (GBV) workshop aimed at enhancing the…
DEFENCE AND SECURITY MEDICAL OUTREACH ACTIVITIES PROGRESS IN NYARUGURU DISTRICT
Nyaruguru, 14 May 2025
From 28 April 2025 to-date, more than 6,300 patients received free medical treatment at Munini District Hospital in Nyaruguru…