UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS APR FC TEAM FOR LUNCHEON TO CELEBRATE THE RECENT SUPER CUP VICTORY
Kigali,12 January 2026
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), General MK Mubarakh, today hosted APR FC players and technical…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC AWARDED UN SERVICE MEDALS
Bria, 7 January 2026
Rwandan peacekeepers deployed in Bria, Central African Republic (CAR), were today awarded United Nations service medals in…
RDF INTER-FORCE SPORTS COMPETITION REACHES QUARTER-FINALS
Kigali, 6 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter-Force Sports Competition has progressed to the quarter-final stage following a series…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 29 December 2025
Officers, Men, and Women of the Rwanda Defence Force and other Security Organs, as we close another year, I take this moment…
SECURITY ORGANS IN NORTHERN PROVINCE CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN BURERA DISTRICT
Burera, 23 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE’S PARLIAMENT VISITS RWANDAN SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 23 December 2025
The President of the Parliament of the Republic of Mozambique, Her Excellency Margarida Adamugi Talapa, today visited…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING COURSE
Kirehe, 22 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Infantry Brigade, comprising senior officers, junior officers, and other ranks, has…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA PARTICIPATE IN PUBLIC SPORTS WITH LOCAL GOVERNMENT OFFICIALS
Cabo Delgado, 21 December 2025
The Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado today participated in a…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER RECEIVES MOZAMBIQUE DEPUTY ARMY COMMANDER IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 20 December 2025
Major General Vincent Gatama, Commander of the Rwanda Security Force (RSF) Joint Task Force, today received…
RWANDA DEFENCE FORCE CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH IN ISONGA NATIONAL SPORTS
Huye, 19 December 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (J9), Colonel Désiré Migambi Mungamba, yesterday addressed 477…