UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
TPDF Chief of Defence Forces visits Rwanda
Kigali, 24 August 2021
The Chief of Defence Forces of Tanzania People's Defence Forces (TPDF), General Venance Mabeyo is on an official visit to…
RWANDA AVIATION UNIT UNDER UNMISS DECORATED WITH UN PEACE KEEPING MEDAL
Juba, 20 August 2021
Rwanda peacekeepers Aviation Unit 9 (RAU9) serving under United Nation Mission in South Sudan (UNMISS) were awarded with UN…
CAR President visits RDF Headquarters
Kigali, 6 August 2021
His Excellency President Faustin-Archange Touadéra of the Central African Republic (CAR), who is in Rwanda for a four-day state…
Rwanda deploys an additional Infantry Battalion to MINUSCA
Kigali, 03 August 2021
Rwanda has started the deployment of an additional Infantry Battalion of 750 military personnel to the United Nations…
Zimbabwe Defence Minister visits Rwanda
Kigali, 2 August 2021
The Zimbabwe Minister of Defence, Honourable OCZ Muchinguri Kashiri is in Rwanda for a two-day official visit from 02 to 03…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 31 July 2021
Rwanda Defence Force (RDF) has for the ninth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…
Rwanda hands over Burundian combatants through the Expanded Joint Verification Mechanism
Kigali, 30 July 2021
The Government of Rwanda has handed over to Burundi, 19 Burundian combatants who illegally crossed from Burundi to Rwanda on 29…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UN MEDALS
Juba, 28 July 2021
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN…
ANGOLAN ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA
Kigali, 27 July 2021
The Chief of the General Staff of the Angolan Armed Forces (FAA), General António Egídio de Sousa Santos is on an official visit…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA