UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Commander-in-Chief of RDF convenes High Command Council at RMA – Gako
Gako, 06 February 2019

President Paul Kagame and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force (RDF) today convened the RDF High Command Council at…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION
REF: RDF/MPR/A/07/01/19
Kigali, 05 February 2019
H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE HAS COMMISSIONED AND PROMOTED…
Gen Nyamvumba emphasises intelligence sharing as regional chiefs meet in Kigali
Kigali, 05 February 2019
Chiefs/Directors of Military intelligence from the East African Community are meeting in Kigali to carry out the latest…
RDF Senior Command and Staff Course students take on malnutrition as a research topic of their National Study Tour
Kigali, 04 February 2019
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students started today a study tour as part of their Senior…
MoD wins two trophies in the inter-ministerial tournament
Kigali, 2 February 2019
The Ministry of Defence (MoD) won two trophies today in the annual inter-ministerial, government institutions and private…
RDF Inter Force competition wraps up revealing new talents
Kigali, 31 January 2019
The fifth annual RDF Inter Force Competition concluded today as military personnel showcased talents in various…
RDF rotates its peacekeepers in Darfur
Kigali, 15 January 2019
Rwanda Defence Force continues rotation of 53 Infantry Battalion (Rwanbatt51) with 7 Infantry Battalion (Rwanbatt53)…
RDF Command and Staff College students showcase cultural diversity
Musanze, 11 January 2019
Rwanda Defence Force Command and staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the fourth…
Rwanda Military Hospital selected as centre for plastic surgery
Kigali, 10 January 2019
Rwanda Military Hospital (RMH) has been selected as a training centre in plastic surgery for the College of Surgeons for…
