UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF AND RNP PERSONNEL COMPLETE CAREER COURSES IN GABIRO COMBAT TRAINING CENTRE
Gabiro, 16 August 2024
Over 450 officers and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police (RNP), and Rwanda Correctional…
RDF MILITARY POLICE COMPLETE VIP PROTECTION COURSE AT GAKO
Gako, 14 August 2024
100 personnel from Rwanda Defence Force (RDF) Military police have successfully completed a six-week intensive training program…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE UGANDA PEOPLES' DEFENCE FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 12 August 2024
Today, the Uganda People's Defence Forces (UPDF) Chief of Defence Forces (CDF) Gen Muhoozi Kainerugaba along with his…
AU Compliance and Accountability in Peace Support Operations workshop concludes
Kigali, 10 August 2024
Today, representatives of member states of the East African Standby Force concluded a ten-day workshop on African Union…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF ACKNOWLEDGES THE EXCELLENT WORK CARRIED OUT BY THE RWANDAN PEACEKEEPERS IN BOSSEMBÉLÉ
Bossembélé, 8 August 2024
The RDF Army Chief of Staff, Maj Gen Vicent Nyakarundi who is currently in the Central African Republic to visit Rwandan…
Senior Delegation of Chinese People’s Liberation Army visits MOD and RDF HQs
Kigali, 8 August 2024
Hon J Marizamunda, the Minister of Defence and Gen MK Mubarakh, the Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force,…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS SRSG AFTER INSPECTING RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA
Bria, 7 August 2024
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff (ACOS), Major General Vincent Nyakarundi, visited the Special…
RDF Infantry Brigade completes Advanced Infantry Course
Gabiro, 6 August 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Defence Staff, Gen MK Mubarakh presided over the pass out ceremony of an Infantry…