UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF Spokesperson lectures RICA students on sustaining Rwanda’s achievements
Bugesera, 7 July 2023
Today, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga addressed students at the Rwanda Institute for…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and internal as well as regional security dynamics
Kigali, 5 July 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Rugerero IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 29th Liberation Day Celebration
Rubavu, 4 July 2023
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, Rt Hon Prime…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT SUCCESSFULLY CONCLUDES IN KIGALI
Nyarugenge, 03 July 2023
The RDF Liberation Tournament concluded today with a final football match between Republican Guard (RG) and Task Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 29 June 2023
More than 3,000 RDF soldiers including senior officers, junior officers and other ranks completed a six months advanced infantry…
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of the Republic of Rwanda pays a courtesy call on Mozambican Armed forces Chief of General Staff
Pemba, 27 June 2023
Today, the Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda, Gen James KABAREBE paid a courtesy call on the…
Kenya Defence Forces Chief of Defence Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 27 June 2023
Today, Kenya Defence Forces (KDF) Chief of Defence Forces, General Francis Ogolla visited the Rwanda Defence Force headquarters…
EAC member states Armed Forces exercise “Ushirikiano Imara” winds up
Musanze, 26 June 2023
EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians today concluded a two-week long Command Post Exercise (CPX)…
Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda visits Rwanda Security Forces in Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 June 2023
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda and Commander-In-Chief of Rwanda Defence Force,…
RDF Liberation Cup Tournament Competition reaches Quarter-Finals
Kigali, 21 June 2023
The Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament has reached the quarter finals.
Teams that qualified played today with…