UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
EAC Military medical specialists to join RDF in 2019 CIMIC activities
Kigali, 7 May 2019
Military Experts from the East African Community block are now in Rwanda for a two days meeting aimed at assessing and planning…
Rwanda Peace Academy hosts UN Protection of Civilians Training of Trainers Course
Musanze, 6 May 2019
Twenty-six military and police officers from 13 countries have today started the UN protection of civilians training of trainers…
Sector Juba commander lauds Rwandan peacekeepers under his command
Juba, 2 May 2019
Rwandan peacekeepers of Rwanbatt3 Region Protection Force (RDF 67 Infantry Mechanized Battalion) stationed in South Sudan’s capital…
RDF moves COP 2019 to Rutsiro
25 April 2019
Rwanda Defence Force through Rwanda Military Hospital will tomorrow conclude a two-week Citizen Outreach Programme 2019 where the force…
RDF launches a Brigade-based clinic in Karongi
Karongi, 23 April 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has acquired its ninth Brigade-based clinic in Karongi district to serve troops attached to the 511…
RDF Citizen Outreach Programme 2019 kicks off
17 April 2019
RDF has today launched the Citizen Outreach Programme 2019 (COP 2019) in which the Force carries out various activities geared towards…
Newly appointed RDF service chiefs assume office
Kigali, 10 April 2019
The newly appointed Rwanda Defence Force (RDF) service chiefs have officially assumed office today. It was during a handover…
RDF PRESS RELEASE - APPOINTMENTS AND CHANGES WITHIN RDF
REF: RDF/MPR/A/07/02/19
Kigali, 09 April 2019
1. H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE (RDF) HAS MADE THE FOLLOWING…
General Nyamvumba receives Belgian Chief of Defence
Kigali, 8 April 2019
The Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Defence Staff (CDS) General Patrick Nyamvumba received this morning at the RDF…
