UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Address by HE President Paul Kagame at the 9th RDF Command and Staff College graduation ceremony
I say good afternoon to you.
I am pleased to be back in Nyakinama, for this 9th graduation of the Senior Command and Staff Course.
I want to start…
HANDOVER CEREMONY OF NEWLY APPOINTED MOD PERMANENT SECRETARY
Kigali, 7 June 2021
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Maj Gen Emmanuel BAYINGANA assumes office, he takes over from Col (Rtd)…
HANDOVER CEREMONY OF NEWLY APPOINTED RDF SERVICE CHIEFS
Kigali, 5 June 2021
Today, the handover ceremony of newly appointed RDF Service Chiefs took place at RDF HQs. Lieutenant General Mubarakh Muganga…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/07/21
HE the President of the Republic of Rwanda and Commander in Chief of RDF has made the following changes that include…
Egyptian Armed Forces Chief of Staff visits Rwanda
Kigali, 29 May 2021
The Chief of Staff of the Egyptian Armed Forces Lt Gen Mohamed Farid visit to Rwanda, 27 to 29 May 21.
Yesterday, 28 May 21,…
RDF Helicopters embark on Covid jabs distribution upcountry
Kigali, 29 May 2021
Yesterday, Rwanda Defence Force helicopters airlifted Covid-19 jabs to different parts of the country with aim to support the…
Press release on a foiled attack by FLN in Bweyeye sector, Rusizi District
REF:RDF/MPR/A/10/06/21
Kigali, 24 May 2021
Last night on Sunday 23 May 2021 between 2115hrs and 2135hrs, about one section of FLN enemy assailants…
NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM 2021 WINDS-UP IN MUSANZE
Musanze, 14 May 2021
The three-day National Security Symposium 2021 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/05/21
KIGALI, 12 MAY 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE…
Chief of General Staff of the Central African Republic Armed Forces visits Rwanda to discuss Defence Cooperation
Kigali, 8 May 2021
The Chief of General of Staff of the Central African Republic Armed Forces (FACA), Maj Gen Zephlin Mamadou led a military team of…