UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwanda Security Forces and Mozambican Armed Forces conduct operations in Pundanhar and Nhica do Ruvuma-west of Palma District
Cabo Delgado, 08 February 2022
For the last two days, Joint offensive operations were conducted by Rwandan and Mozambican security forces in the…
RDFCSC STUDENTS EMBARK ON THEIR ANNUAL NATIONAL STUDY TOUR 2022
Kigali, 7 February 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students have embarked on a weeklong National Study Tour (NST 2022)…
RE-OPENING OF SCHOOLS IN PALMA DISTRICT, CABO DELGADO PROVINCE, MOZAMBIQUE
Today, 31 January 2022, the government of Mozambique officially re-opened Primary schools in Palma district.
The ceremony was held in Palma town,…
PRESIDENT PAUL KAGAME OPENS AFRICAN AIR CHIEFS’ SYMPOSIUM
Kigali, 25 January 2022
H.E President Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in- Chief of Rwanda Defence Force today…
President of Mozambique visits Mozambique and Rwanda Security Forces in Palma, Cabo Delgado Province, Mozambique
Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in…
Rwanda to host African Air Chiefs Symposium
Kigali, 21 January 2022
In partnership with the United States Air Forces in Europe - Air Forces in Africa (USAFE-AFAFRICA) Rwanda will host the…
South African Chief of Defence Forces and Mozambican Deputy Chief of Defence Forces visit Rwanda Security Forces Hqs in Mocimboa da Praia city, Cabo Delgaldo province, Mozambique.
On Wednesday, 19th January 2022 a delegation headed by Gen Rudzani Maphwanya the Chief of South African National Defence Forces (CDF) accompanied by…
A Delegation from Egyptian Military Academy visits Rwanda Defence Force
Kigali, 20 January 2022
A delegation from Egyptian Military Academy headed by Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen and 04 military officer…
Minister Vincent Biruta visits RDF troops in Central African Republic
Bangui, 14 January 2022
Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Hon Vincent Biruta visited Rwanda 57 Task Force Battalion at their…
JORDAN delegation visits Rwanda Defence Force
Kigali, 14 January 2022
A delegation from Jordan headed by Maj Gen Ahmed Husni Hasan Hatoqia, the Director of General Intelligence Department today…