UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
FLN captives handed over by Burundi to Rwanda at Nemba One stop border post
19 October 2021
11 FLN captives were today handed over by Burundi to Rwanda through the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) at Nemba One…
Statement on cross-border incident in Rubavu District on 18 October 2021
On 18 Oct 2021, Rwanda security forces pursued smugglers who crossed the Rwanda-DRC border at Hehu Cell, Bugeshi Sector, Rubavu District. Rwandan law…
UN Team of experts conducts survey on pre-deployment training and deployment preparation expenses of peacekeeping personnel
Kigali, 18 October 2021
A team of experts from the United Nations in New York is currently in Rwanda from 18th to 21st October 2021 to conduct the…
33 RDF OFFICERS COMPLETE JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE
Musanze, 15 October 2021
Thirty-three officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and three officers from Rwanda National Police (RNP) have…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z'U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
Students, Lecturers of the Claude Bernard University Diploma of Allergology, Lyon, France on a medical training visit at Rwanda Military Hospital
Kigali, 14 October 2021
A delegation of 30 medical students and seven lecturers from French-speaking University Diploma of Allergology (DUFRAL) from…
EAC Armed Forces CIMIC activities contribute in deepening cooperation
Machakos - Kenya, 13 October 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) Medical Contingent treated 1129 patients during the EAC Armed Forces Civil Military…
Malawian Deputy Minister of Defence and delegation visit Rwanda
Kigali, 11 October 2021
The Deputy Minister of Defence, Hon. Jean Muonaowauza Sendeza acompanied by the Commander of Malawi Defence Forces Gen…
RDF participates in EAC Armed Forces Civil Military Activities
Machakos- Kenya, 9 October 2021
The Rwanda Defence Force contingent of 19 medical personnel along with other contingents from EAC Armed Forces today…
President Kagame and President Nyusi praise Rwandan Joint Forces deployed with Mozambican forces in Cabo Delgado Province
Pemba, 24 September 2021
President Paul Kagame has applauded the work done by Rwandan Joint Force and Mozambican troops in liberating Cabo Delgado…