UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwandan Peacekeepers in South Sudan offer medical services to residents in Juba
Juba, 20 August 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) today conducted a medical outreach…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/22
Kigali, 19 August 2022
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/22
Kigali, 16 August 2022
1. H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE…
Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia-Cabo Delgado Province and Rwanda Security Forces help Internally Displaced Persons returning to their homes
Yesterday, on 13th August 2022, the Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia and Rwanda Security Forces received another batch of 437…
Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduate at the Royal Military Academy, Sandhurst UK
Today, Friday 12 Aug 22, Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduated and were commissioned to the rank of 2nd Lieutnant at a ceremony…
Rwandan Security Forces together with SADC forces rescue terrorist hostages
Cabo Delgado, 2 August 2022
Since April this year, Rwandan Security Forces together with the Mozambican Army and Southern African Development…
Benin Armed Forces Chief of Army Staff visits RDF Headquarters
Kigali, 23 July 2022
Today, Benin Armed Forces Chief of Army Staff, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI visited the Rwanda Defence…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 15 July 2022
Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…
Kenya Defence Minister holds discussions with Rwandan Counterpart at Defence Headquarters
Kigali, 15 July 2022
This morning, the Minister of Defence of the Republic of Kenya, Hon. Eugene L Wamalwa held discussions with Minister of Defence…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and regional security
Kigali, 13 July 2022
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today held a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters, Kimihurura. They…