UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
President of Mozambique visits Rwanda Security Forces in Palma District, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 3 August 2022
Today, the President of the Republic of Mozambique H E Filipe Jacinto Nyusi visited the Rwandan Security Forces in Palma…
RDF Army Chief of Staff sees off relief force departing to Cabo Delgado, Mozambique
Kigali, 31 July 2023
Today, on behalf of the CDS, the RDF Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen V NYAKARUNDI along with Deputy Inspector General of…
PRESS RELEASE
REF: RDF/MPR/A/10/08/23
Kigali, 28 July 2023
Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…
Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado, 22 July 2023
The Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese in Cabo Delgado Province, Dom Antonio Juliasse Sandramo along…
Rwandan peacekeeper Sgt Tabaro Eustache laid to rest
Kigali, 18 July 2023
Today, Rwandan Peacekeeper Sgt Tabaro Eustache who recently lost his life in Central African Republic was laid to rest in full…
Zigama CSS records a 22.8 billion net profit
Kigali, 18 July 2023
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 22.8 Billion for the year 2022. It is an increase…
EAC ARMED FORCES, POLICE AND CIVILIANS’ DELEGATES DEVELOP CONCEPT FOR THE EAC FIELD TRAINING EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2024
Nyamata, 17 July 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians’ delegates begun a three-day Concept Development…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF BRIEFS SECURITY FORCES READY TO RELIEVE THEIR COLLEAGUES IN CABO DELGADO, MOZAMBIQUE
Kigali, 15 July 2023
Today, Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga met Security Forces ready to deploy to Cabo…
YOUTH FROM RWANDAN DIASPORA VISIT RDF AND BRIEFED ON LIBERATION STRUGGLE AND RDF’s TRANSFORMATION JOURNEY
Kigali, 14 July 2023
A delegation of 65 Rwandan youth living in diaspora who are on a two weeks trip to Rwanda, today visited RDF Headquarters and…
RDF mourns fallen Rwandan peacekeeper in MINUSCA
REF: RDF/MPR/A/10/07/23
Kigali, 11 July 2023
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…