UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
ZIGAMA CSS GENERAL ASSEMBLY APPROVES BUSINESS PLAN FOR THE YEAR 2023
Kigali, 25 November 2022
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura. The General Assembly discussed and…
Defence Attachés accredited to Rwanda witness the circumstances that led to the fatal shooting of a DRC soldier who crossed the Rubavu border and opened fire against RDF position
Rubavu, 21 November 2022
Defences Attachés (DA) accredited to Rwanda today were led to a site visit to witness the circumstances of an incident in…
Rwandan peacekeepers in South Sudan decorated with UN Service medals
Juba, 19 November 2022
Rwandan peacekeepers under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN service medals. The…
UNIDENTIFIED SOLDIER CROSSES INTO RWANDA, SHOOTS AT RDF TOWERS IN RUBAVU DISTRICT
REF: RDF/MPR/A/10/13/22
Kigali, 19 November 2022
On Saturday, 19 November 2022, at 0100hrs, an unidentified soldier believed to be from the FARDC…
Rwandan Peacekeepers in Central African Republic conduct community work and provide medical treatment to residents in Bossembele
CAR-Bossembele, 29 October 2022
Yesterday, Rwandan peacekeepers under United Nations Mission in Central African Republic (MINUSCA) conducted…
RDF Chief of Defence Staff receives Commander of the French Contingent deployed in Gabon
Kigali, 27 October 2022
Today, the Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Gen Jean Bosco Kazura received in his office Brig Gen François-Xavier…
Rwanda Security Forces discover another stockpile of weapons left behind in former terrorist bases in Mbau, Cabo Delgado.
Cabo Delgado, 21 October 2022
Today 21 Oct 22, Rwanda Security Forces discovered another pile of hidden weapons in abandoned terrorist bases in…
THE RDF SOLDIERS GRADUATE FROM THE BASIC MILITARY TRAINING CENTRE, NASHO
Today 21st October 2022, Rwanda Defence Force (RDF) graduated Basic Military Course at Basic Military Training Centre Nasho, after successfully…
Rwanda Security Forces in Mozambique discover a stockpile of weapons and ammunition hidden by Ansar Al sunna terrorists
On 15 October 2022, Rwanda Security Forces involved in Counter Terrorism and Counter insurgency Operations in Cabo Delgado Province of Mozambique…