UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
THE 32ND ORDINARY EASTERN AFRICA STANDBY FORCE POLICY ORGANS COUNCIL OF MINISTERS OF DEFENCE HELD IN NAIROBI-KENYA
Today, 27January 2024, the Ministers of Defence of the Eastern Africa Standby Force (EASF) Member States held a meeting in Nairobi, Kenya. The Member…
RWANDAN PEACEKEEPERS SERVING UNDER UNMISS DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Today, 26 January 2024, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with UN Service Medals…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 22 January 2024
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse visited the Rwanda Defence Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 17 January 2024
Today, Rwanda Defence Force (RDF) officers and other ranks successfully concluded seven-month long advanced infantry training…
THREE ARMED FARDC SOLDIERS CROSS INTO RWANDA, TWO UNDER ARREST
REF: RDF/MPR/A/10/01/24
Kigali, 16 January 2024
This morning at 0110hrs, three armed soldiers of the Democratic Republic of Congo armed forces…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CELEBRATES CULTURE DAY AT NYAKINAMA
Musanze, 12 January 2024
Rwanda Defence Force Command and Staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the eleventh…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’URWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ndifuriza abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano mwese iminsi mikuru myiza, n’Umwaka mushya muhire.
Umwaka mushya ni umwanya wo kwisuzuma…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
I wish all the women and men of our defence and security organs happy holidays and a prosperous New Year.
The New Year is a time to reflect and renew…
RDF Special Operation Force gets newly trained personnel
Nasho, 21 Dec 23
Rwanda Defence Force (RDF) graduated a new intake of Special Operation Force after completing a 10 month specialised combat training…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/13/23
Kigali, 20 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED LT GEN MK…