UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwanda hosts Integrated Mission Planning Course
Nyakinama, 1 April 2019
Thirty (30) course participants that include military, police and civilian personnel have today started a two week-long…
RDF enrolls new soldiers
Nasho, 29 March 2019
Rwanda Defence Forces (RDF) has today enrolled new soldiers into the force after completion of one year of military training at…
RDF, US Army and African military partners design Shared Accord 2019
Nyagatare, 29 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) this week hosted military planners from 16 countries ahead of Exercise Shared Accord 19 due to…
RPA trains regional officers in personnel safety during peacekeeping operations
Musanze, 19 March 2019
Twenty-one military officers from eight Eastern Africa Standby Force (EASF) member states on Tuesday started a one-week…
Zigama CSS members urged on embracing digital transactions
Kigali, 15 March 2019
The 31st Zigama Credit and Savings Society (Zigama CSS) general meeting was held this Friday at the Ministry of Defence…
37 RDF officers complete Junior Command and Staff Course
Musanze, 15 March 2019
Thirty-seven officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and two officers from Rwanda National Police have successfully…
RDF continues alternating its peacekeepers in South Sudan
Kigali, 11 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has started rotation for 67 Inf Bn that replaces 63 Mech Inf Bn (Rwanbatt3-RPF - Regional Protection…
Rwanda Defence Force hosts Africa Partnership Flight
Kigali, 04 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) along with US Air Forces Africa (AFAFRICA) host an African Partnership Flight (APF) workshop in…
RDF Chief of Defence Staff Gen Patrick Nyamvumba visits China
Beijing, 03 March 2019
The Rwanda Defence Foce (RDF) Chief of Defence Staff (CDS) General Patrick Nyamvumba is on a working visit in the People's…