UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
The General Commander of the Mozambican Police, Bernardino Raphael, visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today 1 October 2023, the General Commander of Police of the Republic of Mozambique, Inspector General of Police Bernardino Raphael, accompanied by…
CAR President HE Prof Touadéra joins Rwanda Bilateral Force in community work in Bangui City
Today, 30 September 2023, the Central African Republic (CAR) President, HE Prof Faustin Archange Touadéra joined Rwanda Bilateral Force deployed in…
Rwanda hosts the initial planning conference for EAC Armed Forces Field Training Exercise Ushirikiano Imara 2024
Nyamata, 26 September 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel, Prisons, Immigration and civilians’ delegates begun a three-day…
Rwanda Security Force (RSF) conducts Joint community work to clean Mocimboa da Praia and Palma cities of Cabo Delgado Province - Mozambique.
Today 23 Sep 23 Joint Security Forces (RSF and FADM) carried out joint community work (Umuganda) in Palma and Mocimboa da Praia cities. This event was…
Joint Task Force Commander hosts and presides over an operational meeting at Rwanda Security Force (RSF) HQ in Mocimboa da Praia Town
Today, 23 September 2023, Maj Gen A Kagame the JTF Commander received at RSF HQs a delegation led by FADM Head of Operations, Brig Gen Chongo Vidigal,…
Rwandan peacekeepers in Central African Republic decorated with UN service medals
Bria- CAR, 20 September 2023
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group V and RWAMED VIII LEVEL2+ Hospital) under United Nations…
Faculty members and participants of Executive Intelligence Management Course from the National Institute for Security Studies, Abuja Nigeria- visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 19 September 2023
Today, a delegation composed of 22 Faculty and Course participants from National Institute for Security Studies (NISS)…
Rwanda Security Force conduct community work to clean coastal town of Mocimboa da Praia district, Cabo Delgado Province - Mozambique
On Saturday, 16 September 2023, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique, Northern Province of Cabo Delgado, conducted community work,…
HE Stefan Löfven former Prime Minister of Sweden meets Rwanda's Minister of Defence
Today, 4 September 2023, Minister of Defence, Juvenal Marizamunda received in his office HE Stefan Löfven, former Prime Minister of Sweden and the…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO RETIRING GENERALS AND SENIOR OFFICERS AT A CEREMONY AT HQs
Kigali, 1 September 2023
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eleventh time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel…