UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
MINUSCA pays last tribute to Rwandan peacekeeper
Bangui, 20 January 2021
The United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) and the…
RDF, RBC launch blood donation exercise
Kigali, 15 January 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda Biomedical Centre (RBC) have today started an annual blood donation exercise. Kami…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
REF:RDF/MPR/A/08/1/21
Kigali, 13 Jan 2021
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
END OF YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda and on my own behalf, I extend my best wishes for a prosperous New Year 2021 to the valiant men and women of…
Rwanda deploys force protection troops to Central African Republic
REF:RDF/MPR/A/07/12/20
Kigali, 20 December 2020
The Government of Rwanda has deployed force protection troops to the Central African Republic, under…
EASF Council of Ministers adopts the Organisation’s strategic plan for the next five years
Kigali, 18 December 2020
The 28th session of the Eastern Africa Standby Force's Council of Ministers for Defence and Security meeting was held today…
EASF Defence Chiefs meet in Rwanda
Kigali, 16 December 2020
The Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence and Security meeting has opened in Kigali as part of the 28th…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force (EASF) Policy Organs Meetings
Kigali, 14 December 2020
Peace and Security leaders in the Eastern Africa Region are in Rwanda, Kigali from 14th to 18th December 2020, to…
The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates cows to vulnerable families in Burera District
Burera, 9 December 2020
HE President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 20 cows to vulnerable…