UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UNITED NATIONS SERVICE MEDALS
Malakal, 06 March 2024
Today, Rwandan Peacekeepers (Rwanbatt-2) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with…
RDF, RNP AND PARTNERS OFFICIALLY LAUNCH DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024
On 1 March 2024, the Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda National Police (RNP), in collaboration with local government and other partners officially…
PRESS RELEASE : RDF, RNP and partners organise Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024
Kigali, 28 February 2024
On Friday, 1 March 2024, Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda National Police (RNP) will officially launch the "Defence and…
RWANDA DEFENCE FORCE PARTICIPATES IN EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2024
Kenya, 27 February 2024
RDF military contingent joined over 23 countries across the world in a multinational exercise codenamed Justified Accord 24…
The President of the Republic of Mozambique visits Rwanda Security Forces (RSF) in Ancuabe district
Yesterday, 22 February 2024, H E Filipe Jacinto NYUSI, the President of the Republic of Mozambique visited Rwanda Security Forces in Ancuabe District.…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE NATIONAL DEFENCE COLLEGE OF NIGERIA VISIT RWANDA DEFENCE FORCE HQS
Kigali, 21 February 2024
Today, a delegation composed of 20 Faculty and student officers from the National Defence College of Nigeria visited Rwanda…
ALGERIA ARMY CHIEF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 20 February 2024
Today, Army General Saïd Chanegriha, the Chief of Staff of the People's National Army of Algeria, along with his delegation,…
Rwanda to host Centre of Excellence for UN Peacekeeping lessons learned
Kigali, 12 February 2024
Today, Rwanda Defence Force and the United Nations Institute for Training and Research (UNITAR) held a meeting on…