UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON ADDRESSES MINISTRY OF HEALTH OFFICIALS IN HEALTH SECTOR RETREAT
Bugesera, 18 December 2025
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, on Thursday delivered a lecture to Ministry of Health officials,…
RDF CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ENGAGES YOUTH OF ITORERO RY’URUNGANO AT THE NATIONAL UBUTORE DEVELOPMENT CENTER
Burera, 15 December 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Civil–Military Cooperation (J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, engaged with…
ZIGAMA CSS HOLDS GENERAL ASSEMBLY AND APPROVES 2026 BUSINESS PLAN
Kigali, 12 December 2025.
ZIGAMA Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) General Assembly convened today at the RDF Headquarters in Kimihurura, to…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/14/08/25
Kigali, 12 December 2025
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS PROMOTED RDF PERSONNEL AS…
RDF AND UPDF STRENGTHEN CROSS-BORDER TIES WITH THE THIRD PROXIMITY FRIENDLY FOOTBALL MATCH IN KABALE
Kabale, Uganda, 06 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) 2 Infantry Division visited the Uganda People’s Defence Force (UPDF) 2nd Division…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING
Gabiro, 6 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Defence Staff, Gen MK Mubarakh, today presided over the pass-out ceremony of a…
RDF AND TPDF CONCLUDE 14TH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING IN NGOMA DISTRICT
Ngoma, 04 December 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) concluded the 14th Proximity Commanders’…
RDF RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF MEETS WITH SOUTHERN PROVINCE RESERVISTS
Huye, 4 December 2025
Today, Major General Alex Kagame, the Rwanda Defence Force (RDF) Reserve Force Chief of Staff, met with reservists from five…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND TPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS
Ngoma, 02 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 14th Proximity Commanders’…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN BILATERAL FORCES IN CAR
Bangui, 2 December 2025
The Army Chief of Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, together with the Chief of…