UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
UNMISS FORCE COMMANDER ENGAGES FEMALE PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Malakal, 3 September 2025
The United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) Force Commander, Lt Gen Mohan Subramanian, today participated in an…
RWANDA SECURITY FORCE DONATES BICYCLES TO VILLAGE LEADERS IN CABO DELGADO
Cabo Delgado, 3 September 2025
The Rwanda Security Force (RSF) in Mozambique today donated bicycles to village leaders in Mocímboa da Praia district,…
UNMISS DEPUTY CHIEF OF STAFF PAYS FAREWELL VISIT TO RWANDAN PEACEKEEPERS
Durupi, 2 September 2025
The Deputy Chief of Staff for Operations and Plans at the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Brigadier…
RDF CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES INTAGAMBURUZWA STUDENTS OF RWANDA INSTITUTE FOR CONSERVATION AGRICULTURE
Bugesera, 2 September 2025
The Chief of Civil-Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (Chief J9), Colonel Désiré MIGAMBI MUNGAMBA, today…
THE RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION CALLS YOUTH VOLUNTEERS TO UPHOLD DISCIPLINE AND TO PROTECT NATIONAL SOVEREIGNTY
Kicukiro, 28 August 2025
The RDF Chief of Civil-Military Cooperation, Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed over 410 youth volunteers…
MOZAMBICAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART TO STRENGTHEN COOPERATION
Kigali, 23 August 2025
The Minister of National Defence of Mozambique, Honourable Major General Cristóvão Artur Chume along with Mozambican Armed…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR MARK INTERNATIONAL HUMANITARIAN DAY BY OFFERING MEDICAL CARE TO COMMUNITY
Bria, 20 August 2025
Rwanda Level 2+ Hospital and Rwanda Battle Group VII (RWABG VII) under the United Nations Multidimensional Integrated…
UNMISS SECTOR NORTH COMMANDER WELCOMES NEW RWANDAN CONTINGENT IN MALAKAL
Malakal, 18 August 2025
The United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) Sector North Commander, Maj Gen Nakul B RAYAMAJHI officially welcomed…
RDF 2ND DIVISION HOSTS UPDF IN FRIENDLY FOOTBALL MATCH
Musanze, 16 August 2025
In a celebration of strong military cooperation and regional unity, the Rwanda Defence Force (RDF) 2nd Division hosted…
FORMER AFRICAN UN PEACEKEEPERS ENGAGE IN CONVERSATIONS WITH RWANDAN YOUTH
Kigali, 15 August 2025
A group of former United Nations peacekeepers from Ghana and Senegal who served with UNAMIR in 1994 are currently on a…