UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA POLYTECHNIC–TUMBA COLLEGE OF TECHNOLOGY
The Chief of Civil–Military Cooperation (J9) of the Rwanda Defence Force, Col Désiré Migambi Mungamba, delivered a lecture to students of Rwanda…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO PRISONERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) in…
RDF AND UPDF CONCLUDE 7TH PROXIMITY COMMANDERS' MEETING IN MUSANZE
The Seventh Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 2 and 5 Divisions and the Uganda People’s Defence Forces (UPDF) 2…
RDF AND UPDF JOINT DELEGATION VISITS MUTOBO DEMOBILISATION CENTRE
A delegation from the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF), together with commanders from the Rwanda Defence Force (RDF) deployed along the…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) convened the seventh Proximity Commanders’ Meeting in Musanze from 18–20…
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF THE INTERNATIONAL TECHNICAL SCHOOL OF KIGALI ON HEROIC VALUES
The Chief of Civil–Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba, today delivered a lecture to more…
JAMAICA CHIEF OF DEFENCE STAFF VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN TRELAWNY PARISH
Montego Bay, 6 February 2026
The Chief of Defence Staff of the Jamaica Defence Force (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, on Friday paid a…
DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON HIGHLIGHTS THE SIGNIFICANCE OF NATIONAL HEROES TO STUDENTS OF NTARE LOUISENLUND SCHOOL
Bugesera, 2 February 2026
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, today delivered a lecture titled “The Significance of National…
DEFENCE SPOKESPERSON URGES STUDENTS TO EMBRACE HEROISM AND UNITY ON NATIONAL HEROES DAY
Kigali, 2 February 2026
The Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, on Monday addressed students at Riviera High School as part of…
THE JDF SUPPORT BRIGADE COMMANDER VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN JAMAICA
Montego Bay, 31 January 2026
The Commander of the Jamaica Defence Force (JDF) Support Brigade, Brigadier O' neil A Bogle, visited the Rwanda…