UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT COMPETES FOR THE SEMI-FINALS
Kigali, 26 June 2024
Yesterday, the Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament held its quarter-final matches. The football and volleyball teams…
H.E. PRESIDENT FAUSTIN-ARCHANGE TOUADÉRA JOINED RWANDA PEACEKEEPERS IN COMMUNITY WORK
Bangui, 25 May 2024
Today, His Excellency Professor Faustin-Archange Touadéra, President of the Central African Republic, joined Rwanda Peacekeepers…
MALIAN ARMED FORCES DELEGATION VISITS RDF HQS
Kigali, 22 May 2024
Today, a delegation from the Malian Armed Forces, led by Col Cheick Mamadou Cherif TOUNKARA, visited MOD/RDF Headquarters. They…
The eleventh National Security Symposium opens in Kigali
Kigali, 22 May 2024
The eleventh National Security Symposium 2024 jointly organised by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
RDF HAND OVER A NEWLY CONSTRUCTED HOUSE TO WIDOW
Gatsibo, 17 May 2024
Today, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024, the Rwanda Defence Force (RDF) in collaboration…
RDF MEDICAL PERSONNEL AND THE MINISTRY OF HEALTH BEGIN TO TREAT 5000 CATARACT PATIENTS
Rulindo, 16 May 2024
Today at Rutongo District Hospital in Rulindo district, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024,…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE ROYAL COLLEGE OF DEFENCE STUDIES VISIT RDF HQS
Kigali, 15 May 2024
Today, a delegation of 22 faculty and student officers from the Royal College of Defence Studies of the United Kingdom visited…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS NEW CONTINGENT SET TO DEPLOY IN MOZAMBIQUE
Kigali, 14 May 2024
Today at Kami Military Barracks, Maj Gen Vincent Nyakarundi, the RDF Army Chief of Staff together with Commissioner of Police…
Defence and Security practitioners discuss emerging military technologies and International Humanitarian Law
Kigali, 14 May 2024
Today, the representatives from African military and security agencies convened in Rwanda to raise awareness on emerging…
UNITED NATIONS DELEGATION VISIT RWANDA AIR FORCE HEADQUARTERS
Kigali, 13 May 2024
This morning, a delegation from the United Nations, led by Michael Mulinge KITIVI, Director of the Uniformed Capability Support…