UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF receives fallen Rwandan peacekeeper
Kigali, 23 July 2020
The casket bearing the remains of Rwandan peacekeeper, Sergeant Major Nsabiyaremye Edouard, arrived in Rwanda from Central…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
Kigali, 15 July 2020
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the United Nations…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION
REF:RDF/MPR/A/07/04/20
Kigali, 09 July 2020
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE (RDF) HAS PROMOTED THE…
RDF honours Retiring Military Officers
Kigali, 6 July 2020
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eighth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who had…
HE The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates 589 bicycles to village leaders in appreciation for their support to security
Nyaruguru, 2 July 2020
H.E the President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 589 bicycles to…
PRESS RELEASE ON RUHERU/NYARUGURU ATTACK (UPDATED)
Kigali, 27 June 2020
Today early morning at about 0020hrs, approximately 100 unidentified gunmen heavily armed with machine guns, rocket launchers…
Rwanda donates medical kits to support UNMISS efforts in fight against COVID-19 pandemic
Juba, 13 June 2020
The Government of Rwanda donated testing medical kits to the United Nation Mission in South Sudan (UNMISS) as part of its response…
RDF detains soldiers over criminal allegations in Bugesera District
Kigali, 12 June 2020
Since 10 June 2020, the Rwanda Defence Force has in custody two military personnel over allegations of criminal misconduct…
Chinese Military donates medical kits to support RDF in fight against COVID-19
Kigali, 3 June 2020
The Chinese People Liberation Army has donated medical supplies to Rwanda Defence Force to help in the fight against the COVID-19…
The United States of America signs Status of Forces Agreement with Rwanda
Kigali, 28 May 2020
Rwanda and the United States of America have today signed the Status of Forces Agreement (SOFA) that will strengthen the existing…