UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF officers train in “Military in Internal Security Operations” at RPA
Musanze, 27 January 2020
A total of 20 Rwanda Defence Force (RDF) Senior and Junior Officers began a workshop dubbed “Military in Internal Security…
Rwanda Peacekeepers awarded UN medals for maintaining peace
Kigali, 27 January 2020
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations (UN) Mission in South Sudan (UNMISS) as well as in the UN…
Rwanda and Israel conduct joint seminar on border protection
Kigali, 15 January 2020
Today, Rwanda and Israel Defence Ministries have conducted a one-day seminar on border protection in Kigali. The seminar…
Cultural diversity showcased at RDF Command and Staff College
Musanze, 10 January 2020
From the Zambian caterpillars’ sauce, the Kenyan ‘Nyama-Choma’ to the Rwandan famous ‘Runonko’ potatoes; food, drinks, social…
Qatar Armed Forces Chief of Staff visits Rwanda
Kigali, 7 January 2020
A Qatar Armed Forces delegation led by the Chief of Staff, Lt Gen (Pilot) Ghanim bin Shaheen al-Ghanim conducted a two-day…
END OF THE YEAR MESSAGE FROM H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE, TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
Men and women of the Rwanda Defence and Security Forces;
1. The year 2019 comes to an end, and we are about to celebrate as we usher in the New…
RDF Inter-Force Sports Competition on high gear
Kigali, 23 December 2019
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter Force competition planned from 1 October 2019 to 1 February 2020 is on high gear; with…
Rwandan Peacekeepers provide medical services to Sudanese
Darfur, 12 December 2019
Rwandan Battalion Peacekeepers (Rwanbatt53) under United Nations Mission in Darfur (UNAMID) provided free dental and…
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard partnership launched
Kigali, 12 December 2019
Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard have today signed a State Partnership Programme that will strengthen…