UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF AND ICRC CONVENE SYMPOSIUM ON INTERNATIONAL HUMANITARIAN LAW AND CIVILIAN PROTECTION
Kigali, 21 October 2025
The Rwanda Defence Force (MOD/RDF), in collaboration with the International Committee of the Red Cross (ICRC), today held…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT COMMUNITY WORK AND DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS IN SOUTH SUDAN
Juba, 17 October 2025
Rwandan peacekeepers (17 Mechanized Infantry Battalion) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) donated a…
VALIDATION WORKSHOP OF STRATEGIC LEVEL COURSES CONCLUDES AT THE RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Nyakinama, 16 October 2025
The Validation Workshop of Strategic Level Courses, held from 13 to 16 October 2025 at The Rwanda Defence Force Command…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA
Musanze, 15 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uyu munsi yasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 15 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces (CDS-GAF), Lieutenant General Mamat O.A. Cham, today visited the…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, 13 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva ku itariki…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 13 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, is on a working visit to Rwanda…
Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye…
Rwandan Peacekeepers and Society for Family Health Conduct Community Outreach in Juba
Juba, 11 October 2025
Rwandan peacekeepers—comprising both Army and Police personnel under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS)—in…