UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF ARMY CHIEF OF STAFF COMMENDS RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA FOR EFFORTS IN MAINTAINING PEACE
Bria, 5 March 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Major General Vincent Nyakarundi, who is on an official visit to the Central…
Rwandan Peacekeepers conduct Medical outreach Programme in Bria, CAR
Bria, 2 March 2025
Rwandan peacekeepers from the LEVEL 2+ HOSPITAL, serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
PRESS RELEASE – AFC/M23 HANDS OVER FDLR FIGHTERS TO RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/DPA/A/10/01/25
Kigali, 1 March 2025
This afternoon, the coalition Alliance Fleuve Congo/March 23 Movement (AFC/M23) officially handed over…
RWANDA HOSTS THE AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS TROIKA MEETING
Musanze, 26 February 2025
The Commandants of Military Command and Staff Colleges from Rwanda, Libya, and Tanzania convened at the Rwanda Defence…
The Chairman of the Joint Chiefs of Staff of the Jordan Armed Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 26 February 2025
Major General Yousef A. Al Hnaity, the Chairman of the Joint Chiefs of Staff of the Jordan Armed Forces (CJCS-JAF), today…
Rwandan Peacekeepers together with CAR Officials conduct community work in Bangui
Bangui, 22 February 2025
Rwandan Peacekeepers (RWABATT-1) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE SEWING MACHINE AND TEXTILE MATERIALS TO MALAKAL WOMEN’S ASSOCIATION
Malakal, 21 February 2025
Rwandan Female peacekeepers serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), today donated a sewing…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOZAMBIQUE DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS
Cabo Delgado, 21 February 2025
Rwanda Security Forces operating in Mozambique, Cabo Delgado province in collaboration with local leaders today,…
Northern Corridor Member States gather in Kigali for Defence Cluster meeting
Kigali, 20 February 2025
Member States of the Northern Corridor Integration Projects (NCIP) from Kenya, Rwanda, South Sudan, and Uganda gathered in…