UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
The United States of America signs Status of Forces Agreement with Rwanda
Kigali, 28 May 2020
Rwanda and the United States of America have today signed the Status of Forces Agreement (SOFA) that will strengthen the existing…
Shooting incident on Lake Rweru in Bugesera
Kigali, 9 May 2020
On Friday 8 May 2020, in Rweru sector of Bugesera district in the Eastern Province, a group of fishermen from Burundi illegally…
President Kagame Chairs RDF High Command Council
Gako, 9 May 2020
Today, at the Rwanda Military Academy - Gako, President Kagame and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) chaired the…
RDF introduces new criminal charges against Colonel Tom BYABAGAMBA
Kigali, 09 April 2020
The Military Prosecution will arraign Colonel Tom BYABAGAMBA before military courts for new charges committed while in…
RDF investigates criminal allegations in Gasabo District
Kigali, 4 April 2020
Military Prosecution Department (MPD) has launched investigations into allegations of criminal misconduct against citizens by few…
Rwanda Defence Force enrols new soldiers
Nasho, 29 February 2020
The Rwanda Defence Force (RDF) has enrolled new soldiers who completed their basic military training on 29 February 2020 at…
RDF and RBC launch blood donation exercise
Kigali, 21 February 2020
The Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda Biomedical Centre (RBC) have today started an annual blood donation exercise. The…
Dutch Defence Attachés in Africa choose Rwanda as the venue for their annual gathering
Kigali, 19 February 2020
A delegation of 25 Dutch Defence Attachés accredited to African Countries together with officials from the Netherlands…
RDFCSC students take on national settlement policy as a research topic of their National Study Tour
Kigali, 4 February 2020
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students yesterday embarked on a one-week National study tour as part…
RDF Inter-Force Sports Competition concludes on a high note
Kigali, 31 January 2018
The Rwanda Defence Force Inter-Force Competition 2020 Edition was concluded today on a high note with all military…