UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
634 NEW CENTRAL AFRICAN SOLDIERS TRAINED BY RDF GRADUATE
Bangui, 05 August 2024
Today, 634 new soldiers, including 55 females, were enrolled in the Central African Republic Armed Forces (FACA) after…
THE ARMY CHIEF OF STAFF RWANDA DEFENCE FORCE VISITS RWANDA PEACEKEEPERS IN CAR
Bangui, 4 August 2024
Today, the RDF Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent NYAKARUNDI visited the Rwandan Peacekeepers operating in the Central…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT COMMUNITY WORK IN SOUTH SUDAN AND DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS
Juba, 19 July 2024
Rwandan peacekeepers (89 Mechanized Inf Battalion) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) donated a variety of…
CAR PRESIDENT DECORATES RWANDAN PEACEKEEPERS WITH THE PRESIDENTIAL MEDAL OF APPRECIATION
Bangui, 16 July 2024
Today, Rwandan peacekeepers (RWABATT12), serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RSF DEPLOYMENTS IN CABO DELGADO
From 11 to 12 July 2024, RDF Army Chief of Staff (ACOS) Maj Gen V Nyakarundi along with his counterpart, Maj Gen Alberto Diago Nampele the Army Comd…
RWANDA AIR FORCE PERSONNEL PASS OUT FIREFIGHTING COURSE
Gabiro, 12 July 2024
Today, twenty officers, men, and women from the Rwanda Air Force graduated from a firefighting course at Gabiro Air Force Base.
…RDF Spokesperson engages RICA students on preserving Rwanda’s progress
Bugesera, 8 July 2024
On behalf of the Chief of Defence Staff, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, addressed the…
RWANDAN COMMUNITY AND PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN CELEBRATE 30th ANNIVERSARY OF RWANDA’S LIBERATION
Juba, 6 July 2024
Today, Rwandan peacekeepers under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) and Rwandan Community in South Sudan, joined…
THE CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE SRI LANKA ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 5 July 2024
Today, the Chief of Defence Staff of the Sri Lanka Armed Forces, Gen Shavendra Silva along with his delegation visited the Rwanda…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA CELEBRATE LIBERATION DAY
Bria, 4 July 2024
Today, Rwanda Peacekeepers (Battle Group VI and Rwanda level 2+ Hospital) under the United Nations Multidimensional Integrated…