UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
Rwanda and Belgium enhance military cooperation
Kigali, 11 Dec 2019
A delegation from the Belgian Ministry of Defence led by Maj Gen Boucké, Chief of Staff of the Strategy Department visited Rwanda…
CAR Minister of Defence in Rwanda for implementation of agreement on defence cooperation
Kigali, 9 December 2019
The Minister of Defence of the Central African Republic, Marie Noëlle Koyara visits Rwanda from 09-11 December 2019. Today…
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard announce partnership
KIGALI, Rwanda (09 December, 2019) — Leaders of the Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard will launch partnership by signing a state…
25 RDF officers commence a UN Staff Officers Course at RPA
Musanze, 2 December 2019
The United Nations Staff Officers Training of Trainers (ToT) Course began today, Monday 2 December 2019 at the Rwanda Peace…
ZIGAMA CSS to prioritise innovation and technology in its service delivery
Kigali, 29 November 2019
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura and discussed the current financial…
Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence
Kigali, 19 November 2019
Hon Sheikh Omar Faye, Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence from 18-23 Nov 19.The purpose…
President Kagame commissions 320 Cadet Officers
Bugesera, 16 November 2019
President Paul Kagame and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) today commissioned 320 new officers at the…
The Dallaire Initiative and the RDF engage governments and partners to discuss new ways of ending the Recruitment and Use of Child Soldiers
Kigali, 13 November 2019
The Roméo Dallaire Child Soldiers Initiative (Dallaire Initiative) and the Rwanda Defence Force (RDF) will co-host a…
Rwandan Peacekeepers applauded for being closer to local community in South Sudan
Malakal, 11 November 2019
Local citizens in South Sudan have applauded Rwandan peacekeepers for being closer to them while executing assigned UN…
EAC Armed Forces Command Post “Ushirikiano Imara’’ kicks-off in Uganda
Jinja, 07 November 2019
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians have kicked off a two-week 12th command Post Exercise…