UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL CARE TO BOSSEMBELE DISTRICT RESIDENTS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
CAR- Bossembele District, 12 March 2022
Rwandan peacekeepers (RWABATT9) serving under the United Nations Multidimensional Mission in Central African…
Rwanda Security Forces join Mozambicans to celebrate the 63rd Anniversary of Mocimboa da Praia – Cabo Delgado
On Monday 7 March 2022, Mocimboa Da Praia City marked its 63rd anniversary since its establishment. In a colorful event held at the city's public…
THE CHIEF OF STAFF OF THE QATAR ARMED FORCES ON OFFICIAL VISIT TO RWANDA
Kigali, 2 March 2022
The Chief of Staff of the Qatar Armed Forces, Lieutenant General (Pilot) Salem Bin Hamad Al Aqeel Al Nabit and his delegation…
RDF officers participate in African Union Staff Officers Course in Nairobi Kenya
28 February 2022
Rwanda Defence Force officers along with over 70 military officers from different countries including Angola, Botswana, Djibouti,…
The UN Under-Secretary General for peace operations commends Rwanda peacekeepers in Central African Republic
Bangui, 27 February 2022
The United Nations Under-Secretary General for peace operations, Ambassador Jean Pierre Lacroix, today visited Rwanda…
RDF SOLDIERS GRADUATE FROM THE BASIC MILITARY TRAINING CENTRE, NASHO
25 February 2022.
Today, 25 Feb 22, Rwanda Defence Force (RDF) graduated Basic Military Course at Basic Military Training Centre Nasho.
The course…
The RDF's Department of International Military Cooperation (IMC) hosts Defence Attaches accredited to Rwanda to a Quarterly Security Brief
25 February 2022
Yesterday, 24 Feb 22, the RDFs department of IMC hosted a Quarterly Security Brief of Defence Attaches accredited to Rwanda. The…
The Inspector General of Intelligence and State Security of Mozambique visits Rwanda Security Forces HQs in Mocimboa da Praia City
Saturday, 19th February 2022
A delegation headed by Reonardo Mathe, the Inspector General of Intelligence and State Security of Mozambique (IGISS)…
The Chiefs/ Directors of the health services of the EAC Partner States Armed Forces meet in Rwanda to discuss strategies to mitigate health threats
Kigali, 17 February 2022
The Chiefs/Directors of the health services of the EAC Partner States Armed Forces have convened in Kigali from 17th to…
Rwanda Security Forces (RSF) and Forças Armadas de Defensa de Moçambique (FADM) dismantle new terrorist hideouts
Cabo Delgado, 14 February 2022
The Joint Rwanda and Mozambique security Forces have captured new terrorist hideouts in Nhica do Ruvuma and…