UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu mu gukorera igihugu cyacu. Umuhate wanyu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byakomeje gushimangira indangagaciro n’umutekano by’igihugu cyacu no mu bihe bigoye, haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mwaka wasuzumye ukwigira kwacu mu buryo bwinshi, ariko ibikorwa byanyu byatumye u Rwanda rukomeza kuba icyitegererezo cy’amahoro, umutekano, n’iterambere mu karere no hanze yako.
Muri uyu mwaka twizihije amateka y’ingenzi ku gihugu cyacu; imyaka 30 yo Kwibohora n’imyaka 20 tumaze tugira uruhare mu bikorwa by’amahoro by’Umuryango w’Abibumbye. Ibi bikorwa birerekana umuhate wacu wo kubaka u Rwanda rw’amahoro n’iterambere, tunatanga umusanzu mu mutekano w’Isi yose.
Uruhare mufite mu gukomeza guteza imbere inyungu z’igihugu no guharanira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage ni ingirakamaro cyane. Mwagaragaje kandi indangagaciro z’Abanyarwanda, gukorera hamwe, imyitwarire myiza, no guhanga udushya mu guhangana n’impinduka mu biteza umutekano mucye.
Mu gihe twinjira mu mwaka mushya, ndabashishikariza gukomeza guharanira gukurikiza amahame y’ubunyangamugayo n’umutimanama biranga inzego zacu z’umutekano. Dukomeze kuba maso kandi twitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka, twiyemeza gukomeza kugera ku ntego yacu yo kugira u Rwanda rutekanye, ruteye imbere, kandi rwunze ubumwe.
Ku miryango iri mu gahinda ko kubura ababo baguye mu kazi, ndabashimira igitambo batanze kandi mbizeza ko tuzakomeza kubaba hafi.
Mu izina ry’Abanyarwanda, Guverinoma, n’umuryango wanjye bwite, mbifurije mwebwe n’imiryango yanyu iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire. Mukomeze gukorera igihugu cyacu mu cyubahiro, ubwitange bwanyu buhore bwubahwa kandi bugenerwe agaciro kabwo.
Ndabashimiye ku bw’umurimo wanyu udasanzwe.
More News
RDF AND UPDF AGREE ON STRATEGIES TO DETER NEGATIVE ACTS AFFECTING BORDER COMMUNITIES
Musanze, 30 November 2024
The RDF and UPDF concluded today their third Proximity Commanders meeting in Musanze. They agreed to implement strategies…
RDF AND UPDF HOLD A PROXIMITY COMMANDERS MEETING IN MUSANZE
Musanze, 28 November 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) is hosting the third Proximity Commanders meeting with the Uganda Peoples’ Defence Forces…
Rwandan female peacekeepers and partners launch a campaign against Gender-Based Violence
Bria, 25 November 2024
The Female Engagement Team of Rwanda Battle Group VI, operating under the United Nations Multidimensional Integrated…
RWANDA SECURITY FORCES COMMANDER AND MOZAMBIQUE CHIEF OF GENERAL STAFF VISIT LIBERATED MUCOJO COASTAL TOWN
Cabo Delgado, 23 November 2024
The Joint Task Force Commander of the Rwanda Security Forces (RSF), Maj Gen Emmy K. Ruvusha and the Chief of General…
RDF 5 Division secures victory in friendly football match against TPDF 202 Brigade
Ngoma, 20 November 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division football team emerged victorious with a 2:0 score in a friendly match against the…
RWANDA HOSTS EAST AFRICAN COMMUNITY MULTI-AGENCY EXPERTS WORKING GROUP MEETING
Kigali, 18 November 2024
From 18 to 20 November 2024, experts from East African Community (EAC) partner states gathered in Kigali, Rwanda for the…
RDF SUPPORTS LIVESTOCK FARMERS IN EASTERN PROVINCE
Gatsibo, 13 November 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) has launched a program to assist livestock farmers in the Kayonza, Gatsibo, and Nyagatare…
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
REF:RDF/DPA/A/10/08/24
Kigali, 13 Ugushyingo 2024
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibabajwe n'ibyago byabereye mu kabari ko mu Kagari ka Rusharara, Umurenge…
RDF PRESS RELEASE – SHOOTING INCIDENT IN NYAMASHEKE DISTRICT
REF:RDF/DPA/A/10/08/24
Kigali, 13 November 2024
Rwanda Defence Force deeply regrets the tragic incident that occurred in a bar in Rusharara Cell,…
RWANDAN PEACEKEEPERS LEAD JOINT COMMUNITY CLEAN-UP IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 9 November 2024
Rwanda Battle Group VI, operating under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…